Abarangwa n'ubutabera bazaba bari kuri Min'bar z'urumuri, iburyo bwa Allah Nyir'impuhwe, n'ubwo amaboko ye yose ari indyo

Scan the qr code to link to this page

Hadith
Explanation
View Translations
Benefits from the Hadith
Categories
More ...
Hadithi yaturutse kwa Abdillah Ibun Am'ri (Imana imwishimire we na se) yaravuze ati: Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Abarangwa n'ubutabera bazaba bari kuri Min'bar z'urumuri, iburyo bwa Allah Nyir'impuhwe, n'ubwo amaboko ye yose ari indyo; abo ni babandi batabogama mu guca imanza kwabo, no ku miryango yabo ndetse no mu bo bashinzwe kuyobora.”
Sahih/Authentic. - Muslim

Explanation

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iratubwira ko abantu barangwa n'ukuri ndetse n'ubutabera hagati y'abantu bashinzwe kuyobora ndetse n'abantu bo mu miryango yabo, ku munsi w'imperuka ibyicaro byabo bizaba ahantu hirengeye hakoze mu rumuri mu rwego rwo kububahisha. Izo Min'bar ziherereye iburyo bwa Allah Nyir'impuhwe, kandi amaboko ye yombi ni iburyo!

Benefits from the Hadith

  1. Agaciro ko kurangwa n'ubutabera ndetse no gushishikariza kurangwa nabwo.
  2. Ubutabera ni rusange bukusanyirije hamwe inshingano zitandukanye no gucira abantu imanza, kugeza no ku butabera hagati y'abagore b'umuntu ndetse n'abana n'ibindi.
  3. Kugaragaza agaciro k'abantu barangwa n'ubutabera ku munsi w'imperuka.
  4. Ku munsi w'imperuka abantu baranzwe n'ubutabera bazaba bari mu ngeri zitandukanye buri wese bijyanye n'ibikorwa bye.
  5. Uburyo bwo gushishikariza no gukundisha abantu ibyiza ni bumwe mu buryo bw'ivugabutumwa, bushishikariza urikorerwa kurushaho kumvira Allah.

Categories

Successfully sent!