Nyuma yanjye mu bayoboke banjye hazabaho abantu bazababwira ibyo mutigeze mwumva mwe n'ababyeyi banyu, abo bantu muzabirinde

Scan the qr code to link to this page

Hadith
Explanation
View Translations
Benefits from the Hadith
Categories
More ...
Hadith yaturutse kwa Abi Hurayrat (Imana imwishimire) yavuze ko Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yaravuze iti: "Nyuma yanjye mu bayoboke banjye hazabaho abantu bazababwira ibyo mutigeze mwumva mwe n'ababyeyi banyu, abo bantu muzabirinde."
Sahih/Authentic. - Muslim

Explanation

Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) iragaragaza ko hazabaho abantu mu bayoboke be mu bihe bya nyuma bazahimba imvugo z'ibinyoma, bakavuga ibitarigeze bivugwa n'umwe mbere yabo; bakavuga imvugo z'ibihimbano ndetse z'ibinyoma; Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ikaba idutegeka kwitandukanya nabo no kubirinda ntitwicarane nabo, ndetse ntitunumve imvugo zabo, kugira ngo izo mvugo zabo zitazisubiramo kenshi mu mitima yacu bikatugora kwitandukanya nazo.

Benefits from the Hadith

  1. Muri iyi mvugo harimo kimwe mu bimenyetso by'ubuhanuzi, aho Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) yavugaga ubuhanuzi bw'ibizabaho mu bayoboke be, kandi byagenze nk'uko yabivuze.
  2. Kwitandukanya n'abahimbira Intumwa y'Imana (Imana iyihe amahoro n'imigisha) ibinyoma, bakanahimbira ubuyisilamu, no kutabatega amatwi.
  3. Kwihanangiriza kwemera Hadith cyangwa se kuzikwiza usibye nyuma yo kwizera neza ukuri kwazo ndetse no kumenya ko ari impamo.

Categories

Successfully sent!